Umwaka wa 2020 utwaye ibyamamare bitari bike #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

webrwanda
0
Bosenibamwe Aimé
Bosenibamwe Aimé

Umwe mu batarabashije kurangiza uyu mwaka ni Bosenibamwe Aimé wayoboraga ikigo cy'igihugu gishinzwe Igororamuco. Ababanye na we mu kazi bazi ko yari umuntu wakundaga umurimo we kandi ukabona awukorana ubwitange. Iyo yabaga ageza imbwirwaruhame ku bo yayiteguriye, washoboraga kubona uko ijambo avuga risohokana imbaraga, yaba ari mu muganda ukabona awukorana umurava. Yari umuntu ukunda urwenya, akagira ‘morale' agasabana cyane, aho bishoboka akabyina ikinimba akizihirwa.

Bosenibamwe Aimé ni umwe mu basoje urugendo rwabo hano ku isi muri uyu mwaka. Inkuru y'urupfu rwe yumvikanye tariki 23 Gicurasi 2020. Aimé Bosenibamwe yavukaga mu cyahoze ari Komini Kanama muri Perefegitura ya Gisenyi, ubu ni mu Karere ka Rubavu mu Ntara y'Iburengerazuba.

Bosenibamwe yahawe inshingano zo kuyobora ikigo cy'igihugu gishinzwe igororamuco (NRS) nyuma y'amezi agera ku munani yari ashize akuwe ku buyobozi bw'Intara y'Amajyaruguru, umwanya yari amazeho imyaka irindwi.

Mbere yo kuba Guverineri, Bosenibamwe yari yarabaye Umuyobozi w'Akarere ka Burera mu gihe cy'imyaka itatu. Na mbere yo kuba Meya yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara ya Kibungo akaba uwo mwanya yarawumazeho imyaka itatu n'igice.

Bosenibamwe yari yarize amashuri ajyanye n'ubuhinzi n'ubworozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yakoze muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi (MINAGRI) ariko mbere yaho yanabaye umwarimu igihe gito.

Yitabye Imana afite imyaka 52 y'amavuko, akaba yarasize umugore n'abana batanu.

Mu mwaka wa 2020, u Rwanda rwabuze Prof Nkusi Laurent, witabye Imana tariki 18 Gicurasi 2020 afite imyaka 70 y'amavuko.

Prof Laurent Nkusi yitabye Imana afite imyaka 70
Prof Laurent Nkusi yitabye Imana afite imyaka 70

Prof Laurent Nkusi yari umuhanga mu by'indimi. Ni we wa mbere wayoboye ishuri ry'itangazamakuru n'itumanaho, rigishingwa bwa mbere mu cyahoze ari Kaminuza y'u Rwanda (UNR), nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Prof Laurent Nkusi wavutse tariki ya 20 Werurwe 1950. Yakoze imirimo itandukanye igihugu kizahora kimwibukiraho. Mu mirimo yakoze harimo kuba guhera mu 1976-2000 Prof Laurent Nkusi yari Umwarimu mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda, yigisha ubuvanganzo n'indimi.

Muri 2000-2003 Prof Laurent Nkusi yabaye Minisitiri w'ubutaka n'ibidukikije, ava muri iyo Minisiteri yerekeza muri Minisiteri y'Itangazamakuru yakoreraga mu biro bya Minisitiri w'Intebe, ahakorera kugeza muri 2008.

Muri 2009-2011 Prof Laurent Nkusi yabaye Umuyobozi ushinzwe amasomo mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi, uburezi n'ikoranabuhanga rya Kibungo, INATEK. 2011-2019 Prof Laurent Nkusi yabaye Umusenateri uhagarariye amashuri makuru na za kaminuza. Yitabye Imana azize uburwayi.

Dr Vuningoma James na we ni umwe mu bahanga u Rwanda rwabuze muri uyu mwaka 2020, akaba yarakoze imirimo itandukanye. Dr Vuningoma yavutse tariki 25 Ugushyingo 1948. Yitabye Imana tariki 20 Mutarama 2020 ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Inteko Nyarwanda y'Ururimi n'Umuco, akaba yarazize uburwayi.

Dr James Vuningoma
Dr James Vuningoma

Uretse gukora mu Nteko Nyarwanda y'Ururimi n'Umuco, yakoze n'indi mirimo itandukanye haba mu burezi no mu itangazamakuru, yandika ibitabo n'izindi raporo zitandukanye z'ubushakashatsi yakoze.

Mu bahanga u Rwanda rwabuze muri uyu mwaka kandi, harimo Prof Gahutu Jean Bosco wari umushakashatsi muri Kaminuza y'u Rwanda akaba yaratabarutse tariki 7 Nzeri 2020 azize uburwayi.

Prof Jean Bosco Gahutu
Prof Jean Bosco Gahutu

Prof Kayumba Pierre Claver, wari inzobere mu bijyanye n'imiti, nawe ari mu bahanga u Rwanda rwabuze muri uyu mwaka,kuko urupfu rwe rwamenyekanye tariki 23 Ugushyingo 2020.

Amb.Kamali Karegesa Ignatius,nawe ni umwe mu b'ingenzi u Rwanda rwabuze muri uyu mwaka,yitabye Imana tariki 11 Kanama 2020, azize uburwayi.Amb. Kamali yahagarariye u Rwanda muri Afurika y'Epfo, no muri Uganda,aba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Intwari z'Igihugu, Imidari n'Impeta by'Ishimwe, umwanya yavuyeho muri 2014. Akaba yaritabye Imana yari Umujyanama mu Bunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi mu birebana n'Ububanyi n'Amahanga.

Mu bandi bantu b'ingenzi u Rwanda rwabuze muri uyu mwaka harimo Bitware Nyirinkindi Eulade, wari umukozi wa Ambasade y'u Rwanda mu Bubiligi ndetse wanabaye umudipolomate igihe kinini. Yitabye Imana tariki 10 Mata 2020, azize uburwayi afite imyaka 62 y'amavuko.

Mugabo Pio na we ni umwe mu bantu bakoreye igihugu imirimo itandukanye, ariko akaba yaratanze umusanzu cyane mu butabera,bitabye Imana muri uyu mwaka.Tariki 12 Mutarama 2020,nibwo inkuru y'urupfu rwe yamenyakanye, yapfuye azize uburwayi afite imyaka 67 irengaho gato.

Uyu mwaka kandi watwaye DJ Miller (Karurangwa Virgile), wari uzwi mu kuvanga, imiziki,gukorana indirimbo n'abahanzi batandukanye n'ibindi.Yitabye Imana tariki 5 Mata 2020,asize umugore n'umwana.

Mu mahanga

Duhereye mu bihugu duturanye, uyu mwaka wabaye utazibagirana ku Barundi babuze uwahoze ari Perezida wabo mu buryo butunguranye.Tariki 8 Kamena 2020, nibwo inkuru y'urupfu rwa Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida w'u Burundi yamenyekanye itangajwe na Guverinoma y'u Burundi.Yapfuye azize uburwayi,akaba yari afiye imyaka 55 y'amavuko.

Hari kandi Buyoya Petero, wigeze kuba Perezida w'u Burundi nawe yitabye Imana tariki 17 Ukuboza 2020 ,azize indwara,akaba yarapfuye afite imyaka 71 y'amavuko.

Tariki 24 Nyakanga 2020, nibwo hatangajwe inkuru y'urupfu rw'uwahoze ari Perezida wa Tanzania.Benjamin Mkapa,witabye Imana azize uburwayi,akaba yaritabye Imana afite imyaka 81 y'amavuko.

Tariki 4 Gashyantare 2020,nibwo Daniel Arap moi wigeze kuyobora Kenya yitabye Imana azize uburwayi,akaba yari afite imyaka 95 y'amavuko.

Hari kandi Augustine Mahiga, wabaye Minisitiri w'ubutabera n'ibijyanye n'itegeko nshinga muri Tanzania, witabye Imana tariki 1 Gicurasi 2020,afite imyaka 74 y'amavuko.

Mamadou Tandja,wahoze ari Perezida wa Niger, nawe ari mu batabarutse uyu mwaka,yitabye Imana tariki 24 Ugushyingo 2020,afite imyaka 82 y'amavuko.

Hari kandi Jerry John Rawlings wigeze kuba Perezida wa Ghana, nawe witabye Imana muri uyu mwaka tariki 12 Ugushyingo 2020, azize indwara, akaba yari afite imyaka 73 y'amavuko.

Hari kandi Zindzi Mandela, wari umukobwa wa Nelson Mandela, akaba azwi kuba yararwanyije ivanguraruhu muri Afurika y'Epfo.Yitabye Imana tariki 13 Nyakanga 2020, azize uburwayi,akaba yari afite imyaka 59 y'amavuko.

Hosni Mubarak wigeze kuba Perezida wa Misiri, nawe yitabye Imana tariki 25 Gashyantare 2020, azize uburwayi,akaba yari afite imyaka 91 y'amavuko.

Muri uyu mwaka kandi igihugu cya Mali cyapfushije babiri bigeze kukiyobora harimo Moussa Traore,witabye Imana tariki 15 Nzeli 2020,azize uburwayi akaba yari afite imyaka 83 y'amavuko ndetse na Amadou Toumani Toure witabye Imana tariki 10 Ugushyingo 2020.

Hari kandi Jacques Joachim Yhombi-Opango wigeze kuyobora Congo-Brazaville,witabye Imana tariki 30 Werurwa 2020.

Muri siporo

Umwaka wa 2020, ntuzibagirana mu mitima y'abakunda umukino wa Basket(NBA- Lakers yo muri America), kuko nibwo Kobe Bryant wabaye umukinnyi w'ikirangirire muri Basket yitabye Imana.Tariki 26 Mutarama 2020, nibwo indege yari itwaye Kobe Bryant n'umukobwa we n'abandi yakoze impanuka,ahita apfa.

Tariki 25 Ugushyingo 2020, nibwo humvikanye inkuru urupfu rwa Maradona Diego, wabaye umukinnyi mpuzamahanga w'umupira w'amaguru,nyuma akaza no kuba umutoza. Yitabye Imana azize indwara, afite imyaka 60 y'amavuko.

Hari kandi Papa Bouba Diop, wari umukinnyi w'umupira ku rwego mpuzamahanga, afite inkomoko muri Senegal.Yitabye Imana tariki 30 Ugushyingo 2020,azize indwara, afite imyaka 42 y'amavuko.

Muri Sinema

Tariki 28 Kanama 2020, nibwo uwitwa Chadwick Boseman uzwi ku izina rya Black Panther,wari umukinni ukomeye wa Filimi yitabye Imana azize uburwayi, afite imyaka 43 y'amavuko.

Hari kandi Nikita Pearl Waligwa,ukomoka muri Uganda, wamenyekanye muri Filimi yitwa'Qeen of Katwe',yitabye Imana tariki 15 Gashyantare 2020, azize indwara, akaba yari afite imyaka 15 y'amavuko gusa.

Mu muziki mu Mahanga

Tariki 24 Werurwe 2020, nibwo humvikanye inkuru y'urupfu rwa Manu Dibango, wamenyekanye cyane mu muziki,witabye Imana azize indwara, akaba yari afite imyaka 86 y'amavuko.

Hari na George Floyd witabye Imana tariki 25 Gicurasi 2020, yishwe n'Abapolisi muri Amerika.Akiriho ntiyari umuntu uzwi cyane, ariko inkuru y'urupfu rwe yakwiriye isi yose kubera imyigaragambyo, yabayeho nyuma y'uko yishwe,abantu bamagana ivangura rishingiye ku ruhu.Yitabye Imana afite imyaka 46 y'amavuko.

Abo bose batabarutse muri uyu mwaka wa 2020, Kigalitoday ibifurije iruhuko ridashira.Bakomeze baruhukire mu mahoro.




source https://www.kigalitoday.com/inkuru-zicukumbuye/article/umwaka-wa-2020-utwaye-ibyamamare-bitari-bike
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)