Umuturage wari uvanye urumogi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yateye umupolisi umucanga mu maso ashaka gutoroka undi nawe amurasa ukuguru agwa hasi aramufata. Ibi byabaye ku Cyumweru Tariki 18 Ukwakira 2020 ahagana saa munani z'amanya (14h20), kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana.
Uyu mugabo yafatanywe urumogi boules 400 aruvanye muri DRC, mu gihe ngo bari bategereje imodoka ngo imujyane mu kato yashatse gutoroka acunga Umupolisi umurinze ayora umucanga hasi awumumisha mu maso arahuma.
Uriya Mupolisi yaje kubona uriya mugabo yiruka ahita amurasa akaguru k'ibumoso agwa hasi aramufata.
Yarashwe amaze kugenda m 300 atorotse, nyuma yo kuraswa yajyanywe ku Bitaro bya Gisenyi.
Hari hamaze iminsi havugwa abapolisi barasa abaturage bakoze ibyaha mu cyico igihe bashatse gutoroka ndetse ikibazo cyagejejwe kuri Perezida paul kagame,asubiza ko ntaho bihuriye n'urwego rwa polisi ko ari amakosa y'umuntu ku giti cye, kuko hibazwaga niba ntahandi bajya baraswa bagafatwa aho kubica.
Urumva ko uyu mupolisi yagerage kurasa uwo mugabo ahantu hatuma abasha kumufata aho kumurasa mukico ahamuviramo kwitaba Imana.