Forever Rwanda yishimiye kwaguka kw'ibikorwa byayo mu Rwanda no mu Karere - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni umuhango ngarukamwaka iyi sosiyete ikora, kuri iyi nshuro ukaba warabereye i Kigali muri Marriott Hotel kuva ku itariki 25-26 Mutarama 2025. Wahuje abanyamurwango bayo mu Rwanda, u Burundi, Uganda, Kenya,Tanzania na Zambia.

Forever Living Products ni sosiyete ikoresha uburyo bwo kumenyekanisha ibicuruzwa byayo ku nshuti zawe, abo mukorana n'abandi (Direct sale), abakiliya uzanye ugahabwaho komisiyo kandi wanacuruza ibicuruzwa byayo ukunguka.

Ibicuruzwa byayo byiganjemo iby'ubuzima n'ubwiza bikorwa mu Gikakarubamba birimo inyunganiramirire, imitobe, imibavu, amasabune, amavuta yo kwisiga n'ibindi.

Umuyobozi wa Forever Living Living Products mu Rwanda, Hakizimana Gilbert, yavuze ko mu 2024 umubare w'abanyamuryango biyongereye bivuze ko n'abihangiye imirimo binyuze muri iki kigo biyongereye.

Ati 'Mu mwaka ushize twiyongeyeho abanyamuryango bagera ku 10% turebeye ku bikorwa byakozwe n'amafaranga byinjije. Turacyakomeje kugera ku bandi Banyarwanda ngo tubafashe kwikura mu bukene. Ibi ni ibintu umuntu yakora kandi akabibangikanya n'akandi kazi kandi akabibonamo amafaranga menshi ashobora no kugera kuri miliyoni ebyiri ku kwezi.'

Umuyobozi wa Forever Living Products muri Afurika y'Iburasirazuba, Enos Salemma, yavuze ko sosiyete yishimira kuba ibyo yacuruje mu 2024 byarazamutseho 6% mu bihugu ahagarariye ndetse by'umwihariko mu Rwanda bikaba byarazamutse ku kigero cya 10% mu no muri Afurika yose ku kigero cya 27%.

Yavuze ko ubwo bwiyongere busobanuye akazi gashya kahanzwe n'abo ibicuruzwa byabo byagiriye akamaro kandi ko bagiye gukomeza gukora cyane.

Ati 'Uyu munsi turi gushyira imbaraga nyinshi cyane mu mahugurwa mu by'ikoranabuhanga ku banyamuryango bacu kugira ngo babashe kurikoresha ku kigero cyo hejuru. Tuzi ko turi mu Isi y'ikoranabuhanga tutajyanye na ryo hari amahirwe menshi twatakaza. Gusa turi muri Afurika aho bamwe batarabyumva neza turi no kubijyanisha no guhindura imyumvire.'

Bamwe mu banyamuryango ba Forever Rwanda bavuga ko yabateje imbere mu buryo bufatika kandi ibafasha no kubangabunga ubuzima.

Dr. Nsanzabiga Eugène wahoze ari umwalimu muri kaminuza avuga ko yamenye Forever Living Products arwaye bamurangira ibicuruzwa byayo ziramufasha.

Nyuma yo kumufasha ni bwo yamenye ko ashobora no kubikora nk'akazi atangira gucuruza ibicuruzwa by'iki kigo kuva mu myaka irindwi ishize ku buryo ubu ari byo bimutunze kuko ari mu kiruhuko cy'izabukuru.

Dusenge Seraphine ukiri urubyiruko na we yemeza ko Forever Living Products ubu yamuhinduriye ubuzima.

Yagize ati 'Forever nayimenye mu 2010 nkoresha ibicuruzwa byayo nk'umukiliya ariko mu 2020 nanjye mba umunyamuryango ntangira kubicuruza. Mbibangikanya no gukora akazi ko muri banki kandi binyinjiriza amafaranga afatika. Byamfashije kwiyishyurira icyiciro cya gatatu cya kaminuza kandi ubu sintinya no kujya mu biruhuko hanze y'igihugu.'

Twine Allen wabaye umunyamuryango wa Forever Rwanda mu 2011 avuga ko yafashijwe cyane n'inyunganiramirire zayo zafashije umubiri we kwiyubaka.

Avuga ko hari abantu benshi bafashijwe n'inyunganiramirire yabagurishije, abasha kwigurira imodoka n'inzu muri Kigali kuko yigenera umushahara.

Ibicuruzwa by'iyi sosiyete bikorwa n'uruganda rwitwa Forever Living rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Arizona bigakwirakwizwa hirya no hino ku Isi mu bihugu 160 ikoreramo kugeza ubu.

Uyu muhango warimo abo mu bihugu bitandukanye
Baganirijwe ku buryo bwo kurushaho gukorera amafaranga menshi muri Forever Living Products
Ni umuhango wari wishimiwe cyane
Umuyobozi wa Forever Living Living Products mu Rwanda, Hakizimana Gilbert yavuze ko mu 2024 abanyamuryango biyongereyeho 10%
Twine Allen wabaye umunyamuryango wa Forever Rwanda mu 2011 avuga ko yafashijwe cyane n'inyunganiramirire zayo kandi aranazicuruza atera imbere
Abanyamuryango ba Forever Living Products barushaho kwiyongera
Abanyamuryango b'iki kigo mu Rwanda bishimiye intambwe bamaze gutera
Umuyobozi wa Forever Living Products muri Afurika y'Iburasirazuba, Enos Salemma yavuze ko bishimira kuba baracuruje mu 2024 byarazamutseho 6%



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/forever-rwanda-yishimiye-kwaguka-kw-ibikorwa-byayo-mu-rwanda-no-mu-karere

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)