Uganda: Bisi zitwara abagenzi zigera 350 ziraparitse kubera ingaruka za Covid #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikompanyi y'ibigo bitwara abagenzi mu modoka nini za Bisi, yatangaje ko izigera kuri 350 bamaze kuziparika kubera ingaruka za Covid-19 ku bwikorezi.

Umwe mu bategetsi yabwiye ikinyamakuru Daily Monitor, ko hari iki kigo cyakiraga imodoka 1.200 ubu hasigaye izigera kuri 800 zibasha kujya mu muhanda muri iki gihe.

Guma mu rugo zabayeho zatinze zifatwa nka nyirabayazana wo kuba abagenzi barabuze, izi modoka zikabura akazi zigakurwa mu muhanda.

Ikomapanyi yitwa Gaaga iri muzafunze imiryango ndetse uwayiyoboraga, avuga ko muri Covod-19 gukora byahendaga kandi abagenzi bataboneka birangira bahombye.

Abatwara abantu mu modoka bavuga ko aka kazi kagoye kandi ko abagenzi babuze, kuburyo bamwe bahisemo gufunga aho kubura intama n'ibyuma.

Imodoka ngo zagendaga hafi kuba zirimo ubusa nta bagenzi kandi ingano ya 'essence' itagabanuka, dore ko yanarushijeho guhenda, birangira bamwe bakinze imiryango.

 Urwego rushinzwe ubwikorezi muri Uganda, ruvuga ko ibi byanagize ingaruka zikomeye, kuko impanuka zabaye nyinshi cyane mu mihanda bitewe nuko abagenzi baboneka babatsindagira mu modoka nke.

The post Uganda: Bisi zitwara abagenzi zigera 350 ziraparitse kubera ingaruka za Covid appeared first on FLASH RADIO&TV.



Source : https://flash.rw/2023/03/15/uganda-bisi-zitwara-abagenzi-zigera-350-ziraparitse-kubera-ingaruka-za-covid/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=uganda-bisi-zitwara-abagenzi-zigera-350-ziraparitse-kubera-ingaruka-za-covid

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)