Dore ibintu udakwiye kwibeshya ngo wereke umukunzi wawe – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Hari ibintu byinshi bituma umubano w'abakundana ukendera bitwe n'uko ubimuganirijeho ugashiduka byamuciye intege kandi wari uzi ko aribwo uri kugaragaza ukuri ku bijyanye n'ubuzima bwawe.

Nubwo ntawabihakana kuko bigira uruhare runini mu gutuma umubano w'abakundana urushaho gushinga imizi kuko uba wubakiye ku kuri n'icyizere, urubuga Elcrema rugaragaza ko hari ibyo wavuga bikagusenyera.

Reka turebe kuribyo bintu bitandukanye udakwiye kwereka umukunzi wawe :

1.Ibyerekeranye n'uwo mwatandukanye

Igihe winjiye mu rukundo rushya, ni byiza ko wibagirwa ibintu byose byabaye hagati y'abo mwigeze gukundana. Rekera uwo mwatandukanye mu mwanya we uhe ugaciro uwo ufite uyu munsi.

Uko waba wizeye umukunzi wawe, urwo agukunda rwose nta na rimwe azigera yishimira kumva amateka yawe n'uwo mwari kumwe mbere ye kuko mu matwi ye bizaba ari nko kumugereranya.

2.Kumubwira ko winjiye mu mabanga ye

Twese iteka duhorana amatsiko yo kumenya ibiri muri telefoni, mu cyumba cyangwa ahandi abakunzi bacu babika iby'agaciro. Ibi ahanini tubikora tugamije kumenya niba ntacyo badukinga, cyangwa se igihe twumva hari ibyo dushidikanyaho.

Igihe ibi ubikoze irinde kugira icyo ubimubwiraho kabone n'ubwo wasangamo ibimenyetso bigaragaza amakosa agukorera, kuko ashobora kubyuririraho akakwereka ko utamwizera bikaba byakurura ubwumvikane buke hagati yanyu.

3.Abantu wumva ufitiye urukundo

Iyo ufite umukunzi kandi urukundo rwanyu rufite icyerekezo biba bisobanuye ko nta wundi muntu muba mugomba gukundana, ibi ariko ntibyabuza ko ushobora kubona undi muntu ukumva uramwishimiye cyangwa uramukunze.

Kirazira kubwira umukunzi wawe abandi bakobwa cyangwa abahungu wumva ufitiye urukundo keretse niba wumva witeguye gutandukana nawe.

4.Abantu bagusaba urukundo

Ni kenshi uzumva wifuje kubwira umukunzi wawe abasore cyangwa abakobwa bakubwira ko bagukunda. Nubwo nta kibi uba ugamije, we ashobora kutabyakira uko wabimubwiye akaba yanakeka ko uteganya ku mwanga cyangwa kumuca inyuma.

Burya iyo umubwira ko hari abandi bantu bagukunda, ndetse ukanarengera ukamubwira abo aribo bituma atangira kwigereranya nabo ndetse akitakariza icyizere.



Source : https://yegob.rw/dore-ibintu-udakwiye-kwibeshya-ngo-wereke-umukunzi-wawe-2/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)