Alex Muyoboke wamenyekanye mu Rwanda kubera gufasha abahanzi mu bikorwa bya Muzika nyarwanda yavuze ko nyuma yo gutandukana n'uwahoze ari umugore we babyaranye umwana , agiye kubanza kwitonda akabanza akarera uyu mwana hanyuma akazaba atekereza ku gushaka undi mugore nyuma.
Muyoboke n'umwana we w'umuhungu.
Ni mukiganiro na InyaRwanda Tv, aho Muyoboke yabajijwe niba ateganya kuzongera gushaka nyuma y'uko atandukanye na Ornella Deis Muhimpundu babanye nk'umugabo n'umugore ndetse bakabyarana umwana w'umuhungu.
Muyoboke yasubije agira ati 'Ko iri kuba myinshi! [Imyaka] rwose hari ikintu cya mbere ntekereza, mbere na mbere niyo mbitekereje mbanza kureba umwana wanjye nkavuga nti ni iki ngomba gukora kugira ngo murere, nkamuha uburere [akiga neza] hanyuma nimara kubona umurongo nshaka kuri we nzabitekereza ho'.
Comments
0 comments
Source : https://yegob.rw/muyoboke-watandukanye-numufasha-we-yavuze-igihe-azongera-gukora-ubukwe/