Musenyeri Sinayobye yakiriwe muri Diyosezi ya Cyangugu aherutse kuragizwa -

webrwanda
0

Ku wa 6 Gashyantare 2021, nibwo Papa Francis yahaye inshingano z’Ubushumba bwa Diyosezi ya Cyangugu, Musenyeri Sinayobye wari umaze igihe ari Padiri akaba n’Umuyobozi wa Seminari Nkuru y’i Nyumba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Werurwe 2021, nibwo Musenyeri Sinayobye yageze i Cyangugu aherekejwe na Musenyeri Filipo Rukamba, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare na Musenyeri Hakizimana Célestin, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Gikongoro.

Musenyeri Rukamba niwe wari uherekeje Musenyeri Sinayobye amuvanye muri Diyosezi ya Butare amugeza i Cyangugu aho agiye gutangira inshingano ze z’Ubushumba.

Ubwo yari amaze kwakirwa i Cyangugu, Musenyeri Sinayobye yabwiye IGIHE ko yakiranywe urugwiro i Cyangugu kandi ko yishimiye ko agiye gufatanya n’abakirisitu bo muri iyi Diyosezi mu iyogezabutumwa n’iterambere.

Ati “Nakiriwe neza. Banyeretse umutima mwiza bambwira ko banyishimiye ko tugiye gufatanya ubutumwa bwiza.”

Mu bakiriye Musenyeri Sinayobye harimo Musenyeri Hakizimana, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Umukuru w’Ingabo mu Karere ka Rusizi, Abihayimana ndetse n’Abahagarariye Abaseseridoti bo muri Diyosezi ya Cyangugu.

Musenyeri Rukamba yashimiye Musenyeri Sinayobye ku bwo gusohoza neza ubutumwa bwe muri Diyosezi ya Butare by’umwihariko igihe yari Umusaseridoti.

Nyuma yo kwakira Musenyeri Sinayobye, aba bose basuye imva ya Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène witabye Imana mu 2018 baramusengera.

Musenyeri Sinayobye yatorewe kuyobora Diyosezi ya Cyangugu mu gihe yari imaze imyaka ibiri iragijwe Musenyeri Hakizimana wayiyoboraga abifatanya no kuba umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro kuko uwari musenyeri wayo Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène yitabye Imana mu 2018.

Yavukiye mu Karere ka Gisagara tariki ya 20 Mata 1966. Yahawe Ubusaseridoti tariki ya 12 Kanama 2000, yari asanzwe ari Umuyobozi wa Seminari y’i Nyumba.

Musenyeri Sinayobye, ni umuhanga wize isomo rizwi nka “Logotherapie” isobanurwa nk’uburyo bwo kuzanzamura imbaraga karemano umuntu aba afite ziba zarazikamishijwe n’ibyago yagiye ahura na byo. Bikowa mu buryo bwa gihanga bw’ibiganiro ku buryo umuntu agarukane imbaraga mu buzima.

Musenyeri Sinayobye yakiriwe i Cyangugu aho agiye gikomereza inshingano z'Ubushumba
Musenyeri Sinayobye azimikwa ku wa 25 Werurwe 2021



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)