Ku munsi w'ejo kuwa Gatandatu Saa Tatu z'ijoro kuri Sitade mpuzamahanga ya Huye haberaga umukino Senegal yari yakiriyemo Amavubi.
Impamvu Senegal yari yakiririye mu Rwanda ni ukubera ko umukino ubanza u Rwanda narwo rwawakiririye muri Senegal nyuma y'ubwumvikane bw'ibihugu byombi.
Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1, igitego cya Senegal n'icyo cyabonetse mbere ku munota wa 66 gitsindwe na Lamane Camara naho icyo kwishyura ku ruhande rw'u Rwanda kiboneka ku munota wa 90+4 gitsinzwe na Niyonzima Olivier Seif akoresheje umutwe ku mupira wari uvuye muri koroneri.
Muri iri tsinda L, ikipe y'igihugu ya Senegal niyo yazamutse ari iya 1 naho Mozambique aro iya 2 .


Abatoza b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda , Amavubi bagateganyo barimo Gérard Buscher na Seninga InnocentÂ


Rwarutabura usanzwe ufana Rayon Sports yari yitabiriye umukinoÂ






Umuzamu wa Rayon Sports, Hakizimana Adolphe na myugariro wa APR FC Nshimiyimana Yunnusu bicaye mu bafana


Abafana ba Senegal bari baje kuri uyu mukinoÂ

Umutoza wa Mukura VS areba umukinoÂ


Perezida wa Gorilla FC, Mudaheranwa Hadji areba umukinoÂ





Umutoza wa Bugesera FC, Eric Nshimiyimana nawe yari yaje kuri uyu mukinoÂ







Uyu mukino ntabwo wari witabiriwe n'abafana benshi muri sitadeÂ



Gerard Buscher aganira na kapiteni w'Amavubi, DjihadÂ

Abakinnyi b'Amavubi bari ku ntebe y'abasimbura mu minota ya nyuma y'umukino bari bahagurutse bareba ahava igitegoÂ




Abafana b'Amavubi baramwenyuye nyuma yo kubona igitego cyo kwishyuraÂ









Byiringiro Lague yagerageje uburyo bwinshi muri uyu mukino gusa ntiyahirwa ngo abone igitegoÂ





Ntwari Fiacre nyuma yo gutsindwa igitegoÂ


Mutsinzi Ange aganira na Niyonzima Olivier Sefu nyuma y'umukinoÂ



Abakinnyi b'Amavubi bakomera amashyi abafana nyuma y'umukinoÂ










Abakinnyi ba Senegal baririmba indirimbo yubahiriza igihuguÂ


Abakinnyi b'Amavubi baririmba indirimbo yubahiriza igihuguÂ



Abakinnyi 11 b'Amavubi bari babanje mu kibugaÂ

Abakinnyi 11 ba Senegal bari babanje mu kibugaÂ




Umwe mu bakobwa baje kureba uyu mukino yambaye mu buryo butangaje



Mugenzi Faustin usanzwe ari umunyamakuru niwe wari umushyushya rugamba kuri uyu mukinoÂ

Niyonzima Olivier Sefu yishimira igitegoÂ




Nicolas Sebwato usanzwe afatira Mukura VS areba umukinoÂ

AMAFOTO: Ngabo Serge-Inyarwanda.comÂ