Umudage Ethan Vernon ukinira Soudal-QuickStep ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2023 aho yakoresheje ibihe bimwe n'umunyarwanda Mugisha Moise wa Team Rwanda wabaye uwa 21.
Uyu munsi ni bwo hakinwaga agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2023. Abasiganwa bahagurukiye kuri Kigali Golf Resort &Villas mu gihe isiganwa risorejwe i Rwamagana nyuma yo gukora intera y'ibilometero 115,6.
Abakinnyi 93 (benshi mu mateka y'iri risagnwa) bitabiriye isiganwa ry'uyu mwaka bavuye Kigali Golf berekeza kuri Utexrwa- Yamaha- Nyabugugo- Gatsata- Nyacyonga- Gasanze- Batsinda- Kagugu- mu Kabuga- Kibagabaga- Kimironko- mu Nganda- 15- 19- Masaka- Kabuga- Rwamagana.
Abakinnyi bageze i Rwamagana kuri Dereva Hotel ahasorezwa isiganwa, bazengurutse inshuro eshanu intera ya kilometero 6.4.
Ku kilometero cya kabiri, abakinnyi batatu barimo Fouche (Bolton), Perry (EF Education) na Nsengimana (Rwanda) bahisemo gusiga abandi ngo bayobore isiganwa, ku kilometero cya 7 bari basize igikundi iminota irenga 2.
Kugenda muri iki gikundi byafashije Nsengimana Jean Bosco kwegukana amanota y'umusozi wa mbere yatangiwe ku kilometero cya 20 Kibagabaga.
Bajya kwinjira muri Kabuga, Nsengimana na Fouche bari basize igikundi iminota 3 n'amasegonda 39. Ku kilometero cya 61 bari basize igikundi iminota 2 n'amasegonda 10.
Ubwo abasiganwa bari bamaze gukora ibilometero 63, Nsengimana Jean Bosco yacitse Fouche aba ari we uyobora isiganwa.
Uyu musore yaje kwegukana amanota y'agasozi ka 2 ari na ko ka nyuma mu gace k'uyu munsi yatangiwe i Ntunga, yakurikiwe na Fouche.
Binjiye mu Mujyi wa Rwamagana aho aka gace kasorejwe, bazengurutse inshuro 5. Binjiye Nsengimana Jean Bosco akiyoboye.
Ntabwo yaje guhirwa kuko baje kumucaho maze agace kegukanwa n'umwongereza Ethan Vernon ukinira Soudal-QuickStep yakoresheje amasaha 2 iminota 45 n'amasegonda 52.
Umunyarwanda waje hafi ni Mugisha Moise wa Team Rwanda wabaye uwa 21, Masengesho wabaye uwa 34, Muhoza Eric wa Bike Aid wabaye uwa 41 na Bigirimana Jean Nepo wa May Stars wabaye uwa 49, bose bakoresheje ibihe bimwe n'iby'uwabaye uwa mbere.