Rusizi: Abakobwa bagejeje imyaka 17 bata ishuri bakajya guhiga ubutunzi bazaha abasore _inkuru irambuye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu Karere ka Rusizi haravugwa inkuru yatunguye abantu benshi nyuma y' uko abakobwa bo muri ako Karere bagejeje imyaka 17 y' amavuko bava mu ishuri bakajya gushaka amafaranga bazakwa abasore kugira ngo bazabashake.

Muri ako Karere mu Murenge wa Nkombo niho abo bakobwa babarizwa ngo iyo umukobwa agejeje imyaka 25 atarashaka umugabo abaturage batangira kuvuga ko yagumiwe , kugira ngo birinde icyo gisebo nibwo iyo umukobwa wese ugeze mu kigero cy' imyaka 17 ahita ava mu ishuri akajya gushaka amafanga basi angana n' ibihumbi 250 by' amafaranga y' u Rwanda azaha uwo musore uzaba ugiye kumurongora , atangira kuyashaka muri icyo gihe kugira ngo iyo myaka izagere yaramaze kuyabona.

Radio 1 yagiranye ikiganiro na bamwe muri abo bakobwa bajya gushaka ayo mafaranga umwe ati' 'Umwe murahura mugakundana mugateretana igihe cyagera akakubwira ngo ngiye kubaka ndashaka ko umfasha, akakubwira ngo uzazana amabati icumi. Namureba nkabona ndamukunze nkamuha ayo mabati. Tukandikirana nkayamuha tukajya kubaka tukuzuza inzu, tugashyingirwa. Umukobwa udafite amafaranga ni we ujya kwishyingira.'

Aba bakobwa bavuga ko bamwe bava mu ishuri kuko nta nyungu baba babona hafi, bakajya mu bucuruzi bwo bubaha amafaranga vuba.

Amakuru avuga ko ku ruhande rw'abasore bahabwa ayo mafaranga , bavuze ko babiterwa n'ubukene butuma batabasha kubona ibyo bakeneye byose, bikaba ngombwa ko bagobokwa n'abakobwa.

Ku ruhande rw' ababyeyi babwiye kiriya gitangazamakuru twavuze haruguru kuri iki kibazo bavuze ko impamvu nyamukuru abo bana bava mu ishuri bakajya gushaka ayo mafaranga ngo ubona ari cyo gishyizwe imbere yabyose muri kariya gace ka Nkombo ngo kuko iyo umukobwa wese ugeze mu kigero cy' imyaka 25 iyo atarabona umugabo usanga bamutaramiyeho.



Source : https://impanuro.rw/2021/10/13/rusizi-abakobwa-bagejeje-imyaka-17-bata-ishuri-bakajya-guhiga-ubutunzi-bazaha-abasore-_inkuru-irambuye/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)