Umuraperi w'umunyamerika byitezwe ko yerekanwa muri Patriots kuri uyu wa Kane #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuraperi w'umunyamerika, Jermaine Lamarr Cole uzwi nka J.Cole byitezwe ko azerekanwa muri Patriots BBC kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Gicurasi 2021.

Uyu mukinnyi ari mu bakinnyi iyi kipe igomba gukoresha mu mikino ya BAL izabera mu Rwanda guhera tarik ya 16 kugeza 30 Gicurasi 2021.

Jermaine Lamarr Cole uzwi nka J.Cole ari mu bakinnyi 12 Patriots izakinisha muri iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya mbere muri Africa, nk'uko umwe mu bakinnyi ba Patriots yabibwiye BBC.

J Cole, usibye impano muri muzika bizwi ko afite n'impano muri Basketball, ndetse bivugwa ko yigeze kugerageza kuba yafatwa n'amakipe yo muri NBA.

Cole kandi ni umukinnyi utarabigize umwuga wa Basketball ukina ku mwanya wa 'point guard' cyangwa 'meneur de jeu', nk'uko uyu mukinnyi wa Patriots utifuje gutangazwa abivuga.

BAL ni irushanwa rishyigikiwe na NBA, rigiye guhuza amakipe 12 yo muri Tunisia, Misiri, Angola, Morocco, Senegal, Nigeria, Algeria, Cameroon, Mali, Mozambique, Madagascar no mu Rwanda.

Patriots, iri mu itsinda A aho izakina n'amakipe ya GNBC yo muri Madagascar, US Monastir yo muri Tunisia na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

J. Cole ni umuhanzi uzwi cyane watwaye igihembo cya Grammy cya 'Best rap song' n'indirimbo 'A lot' yakoranye na 21 Savage.

J. Cole byitezwe ko yerekanwa nk'umukinnyi wa Patriots
J. Cole (ibumoso) aramutsa Kemba Walker muri NBA All-Star Game mu kwezi kwa kabiri 2020 i Chicago, Illinois, US.



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umuraperi-w-umunyarwanda-byitezwe-ko-yerekanwa-muri-patriots-kuri-uyu-wa-kane

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)