Nyuma y'iminsi 37 ari umutoza mukuru w'ikipe ya Yanga muri Tanzania ikinamo umunyarwanda Haruna Niyonzima, umunya-Serbia wanyuze mu Rwanda muri APR FC akaza kwirukanwa, Zlatko Krmpotić yirukanywe ku mirimo yo gutoza iyi kipe.
Nyuma y'umukino w'umunsi wa 5 wa shampiyona Yanga yatsinzemo Coastal Union 3-0, ni umukino Haruna Niyonzima yanatsinzemo igitego, iyi kipe yahise isohora itangazo rivuga ko yamaze kumvikana n'umutoza Zlatko Krmpotic baseza amasezerano.
Bavuga ko batandukanye mu bwumvikane kandi bakaba bamushimira ibyo yakoreye iyi kipe bamwifuriza guhirwa aho azerekeza.
Bivugwa ko ubuyobozi bw'iyi kipe butishimiye imitoreze ye kuko umusaruro we wari hasi kandi ikipe yaraguze abakinnyi benshi kandi beza bayihenze.
Mu mikino 5 ya shampiyona iyi kipe yatsinzemo imikino 4, inganya umwe. Gusa ntabwo abakunzi b'iyi n'ubuyobozi bishimiraga uburyo ikipe ikinamo cyane ko n'ubwo yatsindaga itarenzaga igitego 1. Muri shampiyona y'umwaka wa 2020-2021, uyu munsi nibwo iyi kipe yatsinze ibitego birenze 1, aho yatsinze 3-0.
Zlatko Krmpotić yanyuze mu Rwanda umwaka ushize ubwo yari umutoza wa APR FC, yayigezemo muri Gashyantare 2019 batandukana muri Kamena 2019, ni nyuma y'uko ubuyobozi bwa APR FC butishimiye umusaruro we.