-
- Umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru, Francois Habitegeko
Byatangarijwe mu muhango wo gusinya imihigo y'umwaka wa 2020-2021, wabereye mu Karere ka Nyagatare, ukitabirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Mbere y'uko hatangazwa uko inzego zitandukanye zarushanyijwe mu kwesa imihigo y'umwaka ushize, Minisitiri w'Intebe Dr. Edourd Ngirente yabanje kugaragaza inshamake y'uburyo izo nzego zesheje imihigo, agaragaza ibikorwa byagiye bigerwa n'ibipimo byagiye byeswaho.
Reba uko uturere twakurikiranye:
1. Nyaruguru
2. Huye
3. Rwamagana
4. Gisagara
5. Nyanza
6. Nyamasheke
7. Ngoma
8. Kicukiro
9. Gasabo
10. Kirehe
11. Kayonza
12. Kamonyi
13. Nyagatare
14. Gicumbi
15. Bugesera
16. Gatsibo
17. Ruhango
18. Rubavu
19. Burera
20. Nyamagabe
21. Rutsiro
22. Nyarugenge
23. Rurlindo
24. Ngororero
25. Muhanga
26. Gakenke
27. Musanze
28. Nyabihu
29. Karongi
30. Rusizi
Ku rwego rw'Intara n'Umujyi wa Kigali, Minisitiri w'Intebe yavuze ko zihabwa amanota hakurikijwe uturere tuzigize, bityo , Intara y'Uburasiurazuba ikaba ari yo yaje ku isonga, ikurikirwa n'Intara y'Amajyepfo, hakurikiraho Umujyi wa Kigali, Intara y'Amajyaruguru, haheruka Intara y'Uburengerazuba.
Mu buyobozi bwite bwa Leta (Central Governement), Minisitiri w'Intebe yavuze ko inkingi y'iterambere ry'ubukungu ari yo yaje ku isonga, n'amanota 71.9%, imiyoborere myiza n'ubutabera, igira 69.1%, naho iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage rigira 56.3%.
Minisitiri w'Intebe Dr. Ngirente yavuze ko hari ibyari biteganyijwe gukorwa ariko bikaza gukomwa mu nkokora n'icyorezo cya Covid-19.

source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/akarere-ka-nyaruguru-kahize-utundi-mu-kwesa-imihigo-y-umwaka-wa-2019-2020
