Igitekerezo cyo gushyiraho itsinda ry'ubucuti hagati y'Abadepite b'u Rwanda n'ab'u Bushinwa cyaganiriweho kuri uyu wa Gatatu ubwo Ambasaderi w'u Bushinwa, Gao Wenqi yasuraga Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko, Kazarwa Gertrude.
Kazarwa yabwiye RTV ko ibi biganiro byari mu murongo wo gushimangira ubuhahirane n'ubufatanye bisanzwe biri hagati y'ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.
Ati 'ibiganiro nagiranye na Ambasaderi w'u Bushinwa mu Rwanda byitaye cyane ku mibanire cyangwa se ku bucuti hagati y'Inteko zishinga Amategeko, hagati y'u Bushinwa n'u Rwanda, kandi bishyigikirwa n'ibikorwa bimaze igihe bikorwa hagati y'ibihugu byombi haba mu bucuruzi, ibikorwaremezo, uburezi.'
Yavuze ko ibiganiro by'uyu munsi byagarutse kandi ku gushyiraho itsinda ry'ubucuti hagati y'abadepite b'u Bushinwa n'ab'u Rwanda.
Ati 'Icyo byatanze ni uko n'inteko zigiye gukorana kugira ngo dukore itsinda ry'ubucuti hagati y'Inteko zishinga amategeko zigizwe n'Abadepite bo mu Bushinwa ndetse n'u Rwanda. Iyo tumaze gukora itsinda ry'ubucuti badufasha gukorana neza kuko Inteko ziba ziri hamwe, tukaganirira hamwe ku buryo ibikorwa bigendana.'
U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika bikorana bya hafi n'u Bushinwa haba mu bucuruzi, ishoramari n'imigenderanire hagati y'abaturage b'ibihugu byombi.
Ambasade y'u Bushinwa mu Rwanda, iherutse gutangaza ko umubare w'Abanyarwanda bajya mu Bushinwa wikubye kabiri mu myaka ibiri bitewe n'ibyemezo byo koroshya kubona visa, kwagura imikoranire y'ibihugu byombi haba mu bucuruzi, uburezi no guhanahana ubumenyi.
Mu 2023 Abanyarwanda barenga 3.500 basuye u Bushinwa. Uyu mubare mu 2025 wariyongereye barenga 7.000.