RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bajya muri UAE bavuye muri Sudani y'Epfo, Uganda na RDC - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa 6 Kamena 2026, nibwo UAE yatangaje ko yahagaritse kwakira abaturage bavuye muri ibi bihugu bya Afurika, mu kwirinda ko iki cyorezo cyakomeza gukwirakwira. Yahagaritse kandi ibijyanye no kubaha visa.

Mu itangazo ryashyizwe hanze, AUE yatangaje ko 'Izi ngamba ziri mu murongo wa UAE wo gukumira no kwirinda hagamijwe kongerera imbaraga gahunda z'igihugu zigamije kwitegura no guhashya icyorezo cya Ebola.'

Mu kubahiriza ingamba zafashwe na UAE, ku wa Gatandatu RwandAir yatangaje ko itazongera gutwara abagenzi bava muri Uganda, RDC na Sudani y'Epfo bagana muri iki gihugu.

Itangazo ry'iyi sosiyete ikora ingendo zo mu kirere rivuga ko 'Kubera ingamba z'ubuzima, hari ingamba zikomeye zashyizweho ku bagenzi bagana muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu.'

Yakomeje ivuga ko abagenzi batazemererwa kurira indege mu gihe baba bavuye muri Sudani y'Epfo, Uganda, RDC, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abandi batazemererwa kurira indege ni ababa banyuze mu kindi gihugu ariko baturutse cyangwa banyuze muri ibi bihugu.

Abatarebwa n'iki cyemezo ni abaturage ba UAE ndetse n'abafite Pasiporo z'Abadipolomate.

Kugeza ubu Abanyarwanda n'Abaturarwanda baracyemerewe kujya muri UAE cyane ko nta cyorezo cya Ebola cyari cyagaragara mu gihugu.

Minisitiri w'Intebe, Justin Nsengiyumva aherutse kumara impungenge Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara mu karere, ashimangira ko igihugu cyiteguye bihagije.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje imyiteguro igamije guhangana n'iki cyorezo.

Ati 'U Rwanda rwakajije ingamba zo gukumira, gukurikirana no kwita ku bakwandura icyo cyorezo kandi dufite icyizere ko twiteguye bihagije mu kurinda ubuzima bw'abaturage bacu hatabayeho guhagarika ibikorwa by'ubukungu n'imibereho isanzwe y'abaturage.'

Yakomeje yizeza abaturage ko bitewe n'izi ngamba u Rwanda rwafashe rudadiye ku bijyanye na Ebola

Ati 'Minisiteri y'Ubuzima hamwe n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe ubuzima, bazakomeza gukurikiranira hafi iki cyorezo ku buryo buhamye ari nako bamenyesha abaturage ingamba zo kwirinda [..] Kuri Ebola rero turadadiye mu by'ukuri, ubwirinzi burahari, nta mpungenge dufite, uretse ko kuba tudadiye bitavuze ko dukwiriye kwirara.'

Ku wa 1 Kamena 2026 nibwo RwandAir yasubukuye ingendo zijya muri UAE, nyuma y'uko zari zasubitswe kuva ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangiraga.

Mu Cyumweru indege ya RwandAir ijya muri UAE inshuro eshanu.

Virusi ya Ebola ikomeje kuzahaza akarere ni iyo mu bwoko bwa Bundibugyo. Abamaze kuyandura muri RDC barenga 480, mu gihe abo yishe ari 86.

Muri Uganda abayanduye ni 19, mu gihe abo yishe ari babiri.

Muri Sudani y'Epfo nta murwayi n'umwe urahagaragara gusa iki gihugu cyashyizwe mu bigomba kwitonderwa kuko gihana imbibi na RDC na Uganda, kandi kikaba nta ngamba zifatika cyashyizeho mu kwirinda.

Iyi virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo yabonetse bwa mbere muri Uganda mu 2007-2008, yandura abantu 149, yica 37. Mu 2012 yagaragaye muri RDC mu gace ka Isiro, yandura abantu 57, yica 29.

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bajya muri UAE bavuye muri Sudani y'Epfo, Uganda na RDC



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwandair-yahagaritse-gutwara-abagenzi-bajya-muri-uae-bavuye-muri-sudani-y-epfo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)