Nyagatare: Miliyoni 500 Frw zigiye guhabwa aborozi mu kongera umukamo - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa 11 Kamena 2026 aba mbere basinye amasezerano azatuma bahabwa iyi nkunga nyunganizi bakazahabwa binyuze mu mushinga RDDP2 ugamije guteza imbere ubworozi bw'inka zitanga umukamo mu Rwanda.

Uyu mushinga wagizwemo uruhare na Leta ifatanyije n'Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n'ubworozi (IFAD) binyuze muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi.

Urubyiruko n'abagore bazahabwa inkunga ingana na 70% mu gihe abandi borozi bazajya bunganirwa nibura 60% ku mashini cyangwa amahema bazajya bagura.

Birungi Theopista Mupende usanzwe ari umworozi, yashimiye Leta yabahaye iyi nkunga nyunganizi agaragaza ko we azahita aguramo ihema rifata amazi rikajya rimufasha kubika amazi menshi igihe kinini ku buryo n'iyo izuba ryava atazigera abura amazi.

Ati 'Mu gihe cy'izuba twajyaga tubura amazi y'inka bikatugora cyane, umukamo wasubiraga inyuma ariko ubu umukamo uziyongera.''

Twahirwa Peter wororera mu Murenge wa Karangazi, yavuze ko we yasabye gufashwa kugura imashini isya ubwatsi, ko iba imeze nk'urwuri rwa kabiri kuko ibafasha gutunga inka zari kujya kurisha ariko ikabusya ikabunoza inka zikaburya neza zigatanga umusaruro.

Ati 'Twiteze kuzajya tubona inka zihaze. Nizibona n'amazi ahagije umukamo uziyongera cyane, turashimira Leta yaduteye inkunga kuko si buri wese wakwigondera iriya mashini.''

Umuyobozi w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi (RAB), ishami rya Nyagatare, Kayumba John, yasabye aborozi bahawe iyi nkunga nyunganizi kuyikoresha neza bongera umukamo.

Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage, Murekatete Juliet we yavuze ko mu gihe cy'impeshyi aborozi benshi babura amazi y'inka zabo, bikanatuma umukamo ugabanuka.

Ati 'Tuzabona amata ahagije agera ku Ruganda rwa Inyange bitume rubona amata ahagije, icyo dusaba aborozi ni ukwita ku mahema afata amazi bazahabwa n'ibindi bikoresho.''

Kuri ubu Akarere ka Nyagatare kabarizwamo inka zirenga ibihumbi 230 zitanga umukamo wa litiro zirenga ibihumbi 100 ku munsi, ubuyobozi buvuga ko bwifuza ko uyu mukamo wiyongera cyane nibura ukagera kuri litiro zirenga ibihumbi 500 ku munsi.

Imashini zisya ubwatsi ziri mu byo Leta iri gutangira nkunganire ku borozi
Amahema afata amazi ari mu byo Leta igiye gufasha aborozi kubona
Aborozi basinye amasezerano atuma babasha guhabwa inkunga nyunganizi
Aborozi 253 bo mu Karere ka Nyagatare ni bo basinye aya masezerano yo kubaha amafaranga abafasha kongera umukamo
Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet yasabye aborozi gukoresha neza iyi nkunga nyunganizi



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-miliyoni-500-frw-zigiye-guhabwa-aborozi-mu-kongera-umukamo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)