Ni gute Rayon Sports yisanze byibuze mu mezi 12 atambutse yarasinyishije abakinnyi 29 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Rayon Sports ishobora kuba ari yo kipe yakoze amateka yo gusinyisha abakinnyi benshi mu gihe gito aho mu mezi 12 gusa, iyi kipe imaze gusinyisha abakinnyi 29.

Mu rugamba rwo kwiyibuka itegura ikipe yayiha umusaruro, ni ho iyi kipe ifite abafana benshi yisanze yasinyishije abakinnyi benshi mu gihe gito kandi ntibayihe umusaruro ari nayo mpamvu bamwe birangira bagiye.

Uku kutadinda mu ikipe, abakinnyi basinyishijwe bagahita basezererwa bijyana n'impamvu zitandukanye, ihindagurika ry'ubuyobozi, abatoza, kutihangana no gushaka umusaruro w'ako kanya.

Nk'ubu Rayon Sports yisanze yasinyishije abakinnyi 29 mu mezi 12 atari uko yabishakaga, wabivuga mu buryo butandukanye harimo n'icyo wakita agahimano.

Yatangiye umwaka w'imikino wa 2025-26 ubuyobozi buyobowe na Twagirayezu Thaddée umutoza ari Afhamia Lotfi, ni nabo baguze abakinnyi batangiye umwaka w'imikino, gusa mu kubagura hari bamwe mubo bafatanyaga kuyobora batabemeraga ahubwo babona hari abakabaye baza, babagira inama ntibabyumva.

Byaje kurangira ubuyobozi bwa Thaddée busimburwa n'ubwa Murenzi Abdallah wari mu gice kitemeraga imikorere ya Thaddée n'abakinnyi baguzwe.

Icyabaye ni uko umutoza Lotfi bahise bamwirukana bazana Bruno Ferry, n'abo muri Mutarama 2026 bagiye ku isoko bagura abakinnyi 9, ni nyuma yo gusanga abo ikipe ifite batari ku rwego rwabo, benshi barirukanywe.

Bidateye kabiri n'umutoza Bruno Ferry yaje kwirukanwa asimbuzwa Haringingo Francis na we wahageze asanga hari abakinnyi benshi adakeneye, ubu na we ari ku isoko amaze gusinyisha abakinnyi 8, bivuze ko hari benshi bazarekurwa.

Aka kajagari mu biyoborere n'imitoreze, biragoye ko wabona ko umukinnyi wazanye ari mwiza kuko nta mwanya ahabwa wo kugira ngo yigaragaze.

Hari abakinnyi bagurwa bakaba bakeneye kubanza kwisanga aho agiye, akabanza kumenyera akabona gutanga umusaruro, biba bigoye kuko Rayon yo iba ikeneye umukinnyi uhita utanga umusaruro.

Hari n'ikindi kintu kiba mu makipe yacu, aho buri muyobozi ugiye ku buyobozi wese ajyaho intego ari ugusenya ibyo uwo asimbuye yubatse aho kubikomerezaho mu rwego rwo kwerekana ko ntacyo yari ashoboye cyangwa ntacyo yakoze.

Muri uru rutonde rw'abakinnyi 29 basinyiye Rayon Sports mu mezi 12 atambutse, ISIMBI ntabwo yashyizemo abakinnyi babiri rutahizamu Mugisha Didier wavuye muri Police FC kuko yari intizanyo na Chadrack Bingi Belo wasinyiye iyi kipe ariko batandukana nta mukino n'umwe arayikinira.

Muri Rusange ijya gutangira umwaka w'imikino wa 2025-26 yasinyishije abakinnyi 14, muri Mutarama 2026 yongeramo 8 ni mu gihe ubu imaze gusinyisha 7.

Rayon Sports imaze kugura abakinnyi 29 mu mezi 12 atambutse



Source : http://isimbi.rw/ni-gute-rayon-sports-yisanze-byibuze-mu-mezi-12-atambutse-yarasinyishije.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)