MINISANTE yashimangiye ko nta murwayi wa Ebola uri mu Rwanda - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ni mu itangazo MINISANTE yashyize hanze ku wa 16 Kamena 2026 igaragaza ko nyuma y'ukwezi icyorezo cya Ebola cy'ubwoko bwa Bundibugyo gitangajwe mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), inzego z'ubuzima mu Rwanda zikomeje gukurikiranira hafi uko gihagaze no gukomeza ingamba zo kucyirinda.

Iti 'Kugeza ubu, nta murwayi wa Ebola uri mu Rwanda no mu duce bihana imbibi. Nubwo ibyago by'uko iki cyorezo cyagera mu Rwanda biri hasi, dukomeje kuba maso no kongera imbaraga mu bikorwa byo gutahura byihuse aho icyorezo cyamenera hose.'

Minisitiri w'Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin yashimangiye ko bazakomeza gukurikiranira hafi iki cyorezo kugira ngo hakomeze gufatwa ingamba.

Ati 'Nta murwayi wa Ebola uri mu Rwanda cyangwa mu duce bihana imbibi. Ibyago by'uko iki cyorezo cyagera mu Rwanda biri hasi, ariko kuko kigihari mu duce kirimo inzego zibishinzwe zizakomeza gucungira hafi uko gihagaze.'

Bitangajwe mu gihe umurwari umwe wari wagaragaye mu Mujyi wa Goma yakize ndetse abandi bahuye nawe bose uko ari 255 nta n'umwe byemejwe ko yarwaye Ebola.

Ni mu gihe mu Mujyi wa Bukavu naho iki cyorezo cyari cyagaragaye, umuntu umwe yishwe nacyo abandi 200 bakekwagaho iki cyorezo bashyirwa mu kato aho nta wundi wagaragaje ibimenyetso.

Muri Uganda naho iki cyorezo kiri mu mujyi wa Kampala, nk'uko byatangajwe na Minisiteri y'Ubuzima muri Uganda ku wa 9 Kamena 2026, yagaragaje ko i Kampala habonetse abantu 19 banduye iki cyorezo barimo 12 bakiri mu bitaro, batanu bakize na babiri bapfuye.

Ebola ni icyorezo cyandura cyane giterwa na virusi ishobora gukwirakwira hagati y'abantu binyuze mu guhura n'amaraso, ibyuya, amacandwe, inkari, kuruka n'andi matembabuzi ava ku mubiri w'umuntu wanduye.

Umuntu wa mbere wishwe n'iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yapfiriye mu Mujyi wa Bunia, Intara ya Ituri tariki ya 24 Mata 2026 ariko byemejwe ko iki cyorezo cyamwishe hashize ibyumweru bitandatu.

Kugeza ku wa 14 Kamena, RDC yari imaze kwemeza abantu 808 banduye Ebola, barimo 192 bapfuye.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisante-yashimangiye-ko-nta-murwayi-wa-ebola-uri-mu-rwanda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)