Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League wo Atletico Madrid yanganyijemo na Arsenal 1-1.
Ni umukino wabaye ejo hashize ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026 ubera muri Stade ya Atletico Madrid ya Riyadh Air Metropolitano.
Aya makipe yombi akaba yamamaza ubukerarugendo bw'u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda, Perezida Kagame akaba yari yagiye muri Espagne kureba uyu mukino.
Perezida Kagame akaba yabonanye na Perezida wa Atletico Madrid, Enrique Cerezo Torres wagiye kuri uyu mwanya muri 2002.
Yanabonanye kandi na CEO w'iyi kipe, Miguel Ángel Gil Marín.
Perezida Kagame akaba yahawe impano iri mu ishusho ya Stade ya Atletico Madrid, Riyadh Air Metropolitano.
Iyi ni impano Atletico Madrid ikunda guha abayobozi bakomeye bayisuye cyangwa abafatanyabikorwa b'ingenzi nk'ikimenyetso cyo kubereka ko kwa Atletico Madrid ari mu rugo, buri gihe bahawe ikaze. Yanahawe jersey ya Atletico Madrid iriho izina rye na nimero 10.
Perezida Kagame yarebye uyu mukino nyuma y'uko ku wa Kabiri yari i Paris mu Bufaransa aho yarebye umukino wahuje Paris Saint-Germain (nayo yamamaza ubukerarugendo bw'u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda) na Bayern Munich.
Source : http://isimbi.rw/perezida-kagame-yarebye-umukino-wa-arsenal-na-atletico-amafoto.html