Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa 23 Gicurasi 2026 kigaruka ku buryo abantu bakwiye kwitwara mu bihe Ebola ikomeje gusya itanzitse mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Minisitiri Habimana yavuze ko ubuhahirane hagati y'u Rwanda n'ibice by'u Burasirazuba bwa RDC buzakomeza ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Ebola.
Ati 'Ni ugukorana neza n'inzego z'ibanze zibegereye kugira ngo uburyo bwashyizweho bwo kubafasha gukomeza ubucuruzi ariko mu buryo budashobora gushyira ubuzima mu kaga ku buryo abantu bakwandura cyangwa bakwanduzanya bibashe kubahirizwa.'
Minisitiri Habimana yavuze ko ubucuruzi bukorwa binyuze muri koperative aho abacuruzi bishyira hamwe, bagahuza ibicuruzwa byabo bikambuka, abo ku rundi ruhande bakabyakira bigacuruzwa.
Imikorere nk'iyi yabayeho no mu bihe bya Covid-19 bituma ubuhahirane bukomeza.
Ati 'Twiteguye rero gukomeza gufasha abaturage kugira ngo ibikorwa byabo bibashe gukomeza. Ikindi ni uko ibikorwa byose n'ahandi mu gihugu ibikorwa birakomeza nk'ibisanzwe, nta cyorezo gihari mu gihugu, nta n'impamvu yo guhangayika ahubwo icy'ingenzi ni uko dushyira mu bikorwa neza ingamba z'ubwirinzi.'
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yavuze ko Leta yashyizeho ingamba zo kwirinda ko Ebola yinjira mu Rwanda ivuye muri RDC cyangwa muri Uganda.
Ati 'Mu Rwanda nta murwayi wa Ebola uhari ariko iyo indwara nka Ebola ije mu Karere habaho ingamba z'ubwirinzi kandi zamaze gushyirwaho.'
Ku wa 22 Gicurasi 2026 u Rwanda rwashyizeho ingamba zo kwirinda Ebola ku mipaka itandukanye aho ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakajijwe ibikorwa byo gupima abinjira hagamijwe gutahura iki cyorezo no kugikumira. Ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali, na ho hakajijwe ubugenzuzi ku binjira mu gihugu.
Ku wa 22 Gicurasi, umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (OMS) watangaje ko abo bikekwa ko banduye Ebola muri RDC bageze kuri 750, mu gihe abo bikekwa ko bishwe n'iki cyorezo ari 177.
OMS yagaragaje ko hari impungenge ko imibare y'abanduye iki cyorezo n'abo cyishe ushobora kuba urenga cyane uwamenyekanye, kuko ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo zakomwe mu nkokora n'ikibazo cy'umutekano muke mu Ntara ya Ituri.
Uduce twugarijwe cyane n'iki cyorezo turimo Mongbwalu, Rwampara n'Umujyi wa Bunia muri Ituri ariko hari umurwayi wanagaragaye mu Mujyi wa Goma na Bukavu, hafi y'umupaka w'u Rwanda na RDC.
Iki cyorezo kandi cyanageze muri Uganda, cyica umuntu umwe waturutse muri RDC. Minisiteri y'Ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko umuntu wa kabiri wagaragayeho iki cyorezo i Kampala atakigaragaza ibimenyetso, bityo ko vuba asezererwa n'ibitaro.