Bamporiki Edouard yashimiye umuhanzi Bruce Melodie nyuma yo kugaragaza ko yongeye Kitoko mu bitaramo bye bizenguruka igihugu.
Bruce Melodie yateguye ibitaramo bizenguruka igihugu yise '2026 Summer Country Tour' aho agomba gufatanya na The Ben.
Kuri ubu abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko Kitoko Bibarwa ari umuhanzi wiyongereye mu bahanzi bazaririmba muri ibi bitaramo bigomba kuba muri iyi mpeshyi.
Bamporoki Edouard akaba yagaragaje ko yishimiye ko Kitoko azaririmba muri ibi bitaramo aho yagize ati "Ubumwe bw'Intore bunoza intambwe."
Ibi bitaramo bizabera mu turere tune, tariki ya 13 Kamena 2026 bazahera Musanze, 20 Kamena 2026 bajye Nyagatare, 27 Kamena 2026 bajye Bugesera ni mu gihe bazasoreza Rubavu tariki ya 4 Nyakanga 2026.
Ubumwe bw'intore bunoza intambwe. https://t.co/4JcRfOnFx9
â Bamporiki Edouard (@Bamporikie) May 26, 2026
Source : http://isimbi.rw/bamporiki-edouard-yashimiye-bruce-melodie.html