RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yatsinze Johannesburg Giants amanota 102-89, uba umukino 3 wikurikiranya itsinze.
Ni imikino yo mu Itsinda rya Kalahari Conference irimo kubera Pretoria muri Afurika y'Epfo aho barimo gushaka itike y'imikino ya nyuma izabera mu Rwanda muri Gicurasi 2026.
Nyuma yo gutsinda Al Ahly Benghazi yo muri Libya na Petro de Luanda yo muri Angola, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Mata 2026 yakurikijeho Johannesburg Giants yo muri Afurika y'Epfo.
RSSB Tigers BBC itari ifite umwe mu bakinnyi ngenderwahoTeafale Lenard kubera imvune y'ikirenge, yogowe n'agace ka mbere aho yanagatakaje ku manota 27-25.
Tigers BBC yagarukanye imbaraga mu gace ka kabiri maze igatsinda ku manota 24-20, bivuze ko amakipe yagiye kuruhuka Tigers BBC iri imbere n'amanota 49-47 ya Johannesburg Giants.
Johannesburg Giants ibifashijwemo n'abarimo Jakobi Terrell Heady na Nkosinathi Sibanyoni bagoye cyane RSSB Tigers bituma agace ka gatatu karangira Tigers itsinze 25 kuri 24.
Tigers BBC yazamuye ikinyuranyo mu gace ka nyuma ibifashijwemo na Leonard Craig wanatsinze amanota menshi muri uyu mukino (39), Tigers BBC yagatsinze ku manota 28-18. Umukino warangiye ari 102-89.
Gutsinda uyu mukino byari bivuze ikomeje kuyobora itsinda aho yatsinze imikino yayo itatu.
RSSB Tigers BBC yamaze kubona itike ya 1/4 kizabera mu Rwanda muri Kigali Arena muri Gicurasi 2026, izagaruka mu kibuga tariki ya 4 Mata 2026 ikina na Dar City.
Source : http://isimbi.rw/tigers-bbc-ikomeje-kwandikira-amateka-muri-afurika-y-epfo.html