Paul Kagame yishimiye amakipe yamamaza Visit Rwanda amaze kugera muri 1/2 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, yagaragaje ibyishimo atewe n'uko amakipe ane y'umupira w'amaguru afitanye ubufatanye na gahunda ya Visit Rwanda yageze muri kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2026, Perezida Paul Kagame yavuze ko ari intambwe ishimishije kubona ayo makipe akomeje kwitwara neza ku rwego rwo hejuru. Yashimangiye ko imikinire yayo igaragaza umuhate, ubuhanga ndetse n'icyizere cyo kugera kure, anemeza ko ategereje n'amatsiko imikino itaha.

Mu makipe yashimiye harimo Atletico Madrid yasezereye FC Barcelona ku giteranyo cy'ibitego 3-2, Arsenal FC isezerera Sporting CP ku gitego 1-0, ndetse na Paris Saint-Germain yatsinze Liverpool FC ibitego 4- naho Buyern Munich igasezera Real Madrid ku bitego 4-3.

Mu mikino ya 1/2 itegerejwe, Paris Saint-Germain izacakirana na FC Bayern Munich, mu gihe Arsenal FC izahura na Atletico Madrid.

Iyi ntsinzi y'aya makipe ikomeje gushyira imbere izina rya 'Visit Rwanda' ku rwego mpuzamahanga, bigafasha mu kumenyekanisha u Rwanda nk'ahantu nyaburanga hakwiye gusurwa.

Paul Kagame yishimiye amakipe yamamaza Visit Rwanda amaze kugera muri 1/2



Source : https://kasukumedia.com/paul-kagame-yishimiye-amakipe-yamamaza-visit-rwanda-amaze-kugera-muri-1-2/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)