Hakozwe inama ku izamuka ry'ibiciro bya peterole bishobora gukoma mu nkokora ubukungu #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peterole, bitewe n'ingaruka z'intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo hagati. Yagaragaje ko izi ntambara ziri guhungabanya isoko mpuzamahanga rya peterole, bigatuma ibiciro bizamuka ku rwego rw'Isi, bikagira ingaruka no ku bihugu bitayicukura birimo n'u Rwanda.

Mu rwego rwo kugabanya izo ngaruka, Minisitiri w'Intebe yasabye Abaturarwanda guhindura imikoreshereze y'ingufu, bashyira imbere gukoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange aho gukoresha izabo bwite igihe cyose bishoboka. Yanaboneyeho kubasaba kwirinda ingendo zitari ngombwa, kuko zigira uruhare mu kongera ikoreshwa rya peterole kandi ishobora kubura cyangwa igahenda kurushaho.

Yongeyeho ko izi mpinduka ziri kugaragara ku rwego mpuzamahanga ziri no kugira ingaruka ku bucuruzi bw'u Rwanda n'ibindi bihugu. Hari ibicuruzwa bimwe na bimwe byoherezwaga mu mahanga, cyane cyane mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati nka Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, bishobora kudakomeza koherezwa nk'uko byari bisanzwe. Ibi bishobora kugira ingaruka ku bukungu bw'igihugu, cyane cyane mu bijyanye n'iyinjizwa ry'amadevize.

Guverinoma ikomeje gushaka ingamba zafasha guhangana n'iki kibazo, harimo gushishikariza abaturage kuzigama ingufu no gushaka ubundi buryo burambye bwo kubona ingufu. Abaturage basabwe gukorana na Leta muri uru rugamba, bakoresha neza ibihari mu rwego rwo kurengera ubukungu bw'igihugu.

Hakozwe inama ku izamuka ry'ibiciro bya peterole bishobora gukoma mu nkokora ubukungu
Minisitiri w'Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peterole



Source : https://kasukumedia.com/hakozwe-inama-ku-izamuka-ryibiciro-bya-peterole-bishobora-gukoma-mu-nkokora-ubukungu/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)