Umukino ubanza wa 1/2 wahuzaga Atlético Madrid na Arsenal urangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1, Umunya-Argentine, Julián Álvarez aca agahigo ka Lionel Messi.
Uyu mukino wahuje amakipe yombi yamamaza ubukerarugendo bw'u Rwanda binyuze muri 'Visit Rwanda', wabereye muri Espagne ku kibuga cya Atlético Madrid cya Riyadh Air Metropolitano.
Nyuma y'ishoti rikomeye rya Juan Alvarez umunyezamu wa Arsenal Raya yakuyemo n'ishoti rya Madueke ryanyuze hanze y'izamu, igitego cya mbere cyabonetse mbere gato y'uko igice cya mbere kirangira, aho Viktor Gyökeres wa Arsenal yatsinze penaliti nyuma y'ikosa ryari rim7korewe mu rubuga rw'amahina. Amakipe yagiye kuruhuka Arsenal iyoboye n'igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Atlético Madrid yagarutse ifite imbaraga nyinshi ishaka kwishyura. Byagezweho ku munotawa 56, ubwo penaliti yatangwaga ku ruhande rwayo bitewe n'uko Ben White yakoreye umupira mu rubuga rw'amahina. Julián Álvarez yahise ayitsinda neza, agarura ikipe ye mu mukino.
Iki gitego cyari gifite amateka kuri Álvarez, kuko cyatumye aba Umunyamerika y'Amajyepfo ugeze ku bitego 25 mikino mike mu mateka ya Champions League, aca agahigo kari gafitwe na Lionel Messi wabitsinze mu mikino 42 we akaba yabitsinze mu mikino 41.
Nyuma y'iminota mike, Antoine Griezmann yari hafi gutsindira Atlético igitego cya kabiri, ariko ishoti rye rikomeye rikubita umutambiko w'izamu nubwo byagaragaraga ko umunyezamu wa Arsenal atari yabashije kugera ku mupira.
Umukino wakomeje gushyuha mu minota ya nyuma, aho Arsenal yahawe penaliti ku ikosa ryakekwaga ko ryakorewe Eze mu rubuga rw'amahina. Gusa VAR yongeye kwifashishwa, basanga nta kosa ryabayeho kuko uyu mukinnyi yari yamaze kugwa mbere y'uko akorwaho, penaliti iravanwaho.
Kunganya 1-1 ku mpande zombi byatumye nta kipe igira amahirwe aruta indi, amakipe yombi asigara ategereje umukino wo kwishyura uzabera i Londres kuri Emirates Stadium mu cyumweru gitaha tariki ya 5 Gicurasi 2026.
Source : http://isimbi.rw/atletico-na-arsenal-zamamaza-visit-rwanda-zaguye-miswi-alvarez-aca-agahigo-ka.html