APR WVC na Police VC yatangiye imikino ya nyuma itanga isomo rya Volleyball #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunsi wa mbere w'imikino ya nyuma ya Kamarampaka muri Volleyball yahiriye amakipe y'abashinzwe umutekano Police VC na APR WVC.

Ejo hashize ku wa Gatatu ni bwo hatangiye umunsi wa mbere w'imukino wa nyuma mu bagabo n'abagore muri Volleyball aho bagomba gutanguranwa imikino 3 muri 5 bagomba gukina.

Umukino wa nyuma mu bagore ukaba warahuriweho na APR WVC ndetse n'ikipe ya Kaminuza ya Kepler ni mu gihe mu bagabo ari Police VC na REG VC.

Iyi mikino irimo ibera muri Petit Stade, habanje uwa APR WVC na Kepler WVC saa 16h30.'

Ni umukino woroheye cyane APR WVC kuko yawutsinze amaseti amaseti 3-0.

Iseti ya mbere APR WVC yayitsinze ku manota 25-16, iseti ya kabiri iyitsinda amanota 25-20 mu gihe iya gatatu yayitsinze amanota 25-21.

Police VC yatsindiwe ku mukino wa nyuma na APR mu mwaka w'imikino ushize, kuri iyi nshuro yitwaye neza itsinda umukino wa mbere wayihuje na REG VC ku maseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-23)

Police VC yubakiye umukino wayo mu kubuza Nicholas Matue gutsinda ndetse biza kuyihira ubwo yatsindaga iseti ya mbere ku manota 25-18, mu gihe kwinjizamo Madol Ayang Maker wafatanyaga Gisubizo Merci byatanze izindi mbaraga ku ruhande rwa REG yatsinzwe iseti ya kabiri ku manota 25-21.

Ni imikino yombi yarebwe n'abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

Mu makipe ahataniye umwanya wa gatatu, Kepler VC yatsinze Gisagara VC amaseti 3-1 (21-25, 25-17, 25-22, 25-15) mu bagabo naho Police WVC ifite igikombe giheruka, itsinda Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-15) mu bagore.

Imikino ya nyuma izakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026, hakinwa Umukino wa Kabiri ku makipe yose.

APR WVC yatangiye itsinda Kepler WVC
Police VC yatsinze REG VC
Minisitiri Nelly Mukazayire yarebye iyi mikino



Source : http://isimbi.rw/apr-wvc-na-police-vc-yatangiye-imikino-ya-nyuma-itanga-isomo-rya-volleyball.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)