Ababyeyi barasabwa kwita ku bana mu gihe cy'ibiruhuko #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu bice byose bigize igihugu cy'u Rwanda hari kuvugwa inkuru y'abanyeshuri bagiye gutangira ibiruhuko bisoza igihembwe cya kabiri cy'umwaka w'amashuri 2025-2026 aho ababyeyi bashishikarizwa kugira uruhare rukomeye mu kubungabunga abana no kubarinda kwishora mu ngeso mbi.

Ingendo zicyura abanyeshuri mu biruhuko zirarimbanyije.

Mugihe abanyeshuri bari kwinjira mu biruhuko benshi bafata nk'umwanya wo gusurana no gukora ibindi bikorwa bibafasha kwishimira ibiruhuko byabo, ababyeyi bo bari kugaragaza ko muri iki gihe abanyeshuri bari kwinjira mu biruhuko , ari byiza ko bagira uruhare mu kubarinda ibibangiza ndetse kandi bagasaba bagenzi babo ko baha abana imirimo yo guhugiraho mu rugo kugira ngo batishora mu ngeso mbi.

Banakomeje kandi bavuga ko iki ari igihe kiza cyo gusubiramo amasomo kuri aba banyeshuri aho kugirango bakigire umwanya wo kujya mu bibarangaza.

 

 

The post Ababyeyi barasabwa kwita ku bana mu gihe cy'ibiruhuko appeared first on FLASH RADIO&TV.



Source : https://flash.rw/2026/04/02/ababyeyi-barasabwa-kwita-ku-bana-mu-gihe-cyibiruhuko/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)