Umukinnyi wo hagati w'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi, Rafael York, akomeje kugaragaza intambwe ikomeye mu rugendo rwe rwa ruhago, nyuma yo kuba Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina muri shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Koreya y'Epfo (K League 1). Ibi byabaye nyuma yo gusinyira ikipe ya FC Anyang avuye mu ikipe ya IK Oddevold yo muri Suède.
Ku wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026, FC Anyang yatangaje ku mugaragaro ko yamaze kumvikana na York w'imyaka 27, igamije kongera imbaraga mu kibuga hagati no kuzamura urwego rw'imikinire yayo muri shampiyona. Kuri ubu, iyi kipe iri ku mwanya wa karindwi n'amanota atanu mu mikino itanu imaze gukina.
Nyuma yo gusinya amasezerano, York yagaragaje ibyishimo byinshi anashimira ubuyobozi bwa FC Anyang bwamugiriye icyizere. Yavuze ko yiteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo atange umusaruro mwiza uzafasha ikipe kugera ku ntego zayo.
Rafael York yavukiye muri Suède, aho yatangiriye gukina ruhago mu makipe y'abakiri bato arimo Bragges IF na Sandvikens IF mbere yo gutangira gukina mu makipe makuru mu mwaka wa 2014. Mu rugendo rwe, yakiniye amakipe atandukanye arimo Bochum yo mu Budage, IFK Värnamo na Kalmar FF, ndetse na AFC Eskilstuna yakiniye imikino irenga 50 atsinda ibitego umunani.
Yakinnye kandi muri ZED FC yo mu Misiri na Örebro SK mbere yo kwerekeza muri IK Oddevold. Nubwo yakiniye Suède mu byiciro by'abato, yahisemo gukinira u Rwanda, aho yatangiye guhamagarwa mu Amavubi mu 2021, akaba amaze gukina imikino 10 kugeza ubu. Ibi bigaragaza urugendo rukomeje kuzamuka ku rwego mpuzamahanga.


Source : https://kasukumedia.com/rafael-york-yanditse-amateka-yo-kugera-muri-k-league-1/