Ntimuzongere kumbaza ku basifuzi sinshaka guhora mu bihano - Camarade #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umutoza wa Bugesera FC, Banamwana Camarade yasabye itangazamakuru kutazongera kumubaza ku basifuzi kuko yazajya aho mu bihano.

Ni nyuma y'umukino w'ikirarane cy'umunsi wa 18 wa Shampiyona ya 2025-26 yatsinzwemo na Al Hilal ibitego 2-0 bya Boshara ku munota wa 26 na Kabaré ku munota wa 46.

Nyuma y'uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe 2026 mu Bugesera, Camarade yagaragaje gusa n'utishimira imisifurire aho yagaragaye asa n'ubwirana uburakari umusifuzi wa kane Bigabo Frank.

Abajijwe icyo atishimiye ku misifurire y'uyu munsi, yavuze ko atazongera kuvuga ku basifuzi kuko byatuma ahora mu bihano.

Ati "Mumbabarire ntimuzongere kumbaza ku ifirimbi, ntabwo nshaka kujya mpora mu bihano, ntabwo uyu munsi mvuga ku misifurire."

Agaruka ku cyo Al Hilal SC yabarushije, yavuze ko nta kintu kinini yabarushije uretse amahirwe gusa.

Ati "Ntacyo yaturushije uretse amahirwe gusa. Babonye amahirwe bayabyaza umusaruro."

Kugeza ubu ikipe ya Bugesera FC iri ku mwanya wa 10 n'amanota 34 mu mikino 25 ya Shampiyona imaze gukina.

Camarade yarahiye ko atazongera kuvuga ku misifurire



Source : http://isimbi.rw/ntimuzongere-kumbaza-ku-basifuzi-sinshaka-guhora-mu-bihano-camarade.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)