Shakib Lutaaya yategeye imodoka uwo bazahangana mu mukino w'iteramakofe naramuka amutsinze.
Ni umukino bazakina tariki ya 11 Mata 2026 aho azahangana na Barista Timo, umusore ukomoka muri Uganda ariko wibera Dubai.
Lutaaya akaba yamushyiriyeho imodoka ye yo mu bwoko bwa 'Jeep Wrangler' naramuka amutsinze.
Uyu mukino uzahuza aba bagabo bombi bakomoka muri Uganda, ni umwe mu bintu birimo kuvugwa cyane muri iki gihugu.
Lutaaya akaba yagize ati 'Nindamuka ntsinzwe umukino, nzahita mpa iyi modoka uwo tugiye guhangana.'
Shakib Lutaaya uzwiho gukunda no gukina uyu mukino w'iteramakofe, aharuka kuwukina muri Kanama 2025 ubwo yakinaga n'umuhanzi Rickman Manrick waje gukubita 'KO' (Knock Out) Lutaaya.
Source : http://isimbi.rw/nantsinda-nzamuha-iyi-modoka-umugabo-wa-zari-hassan.html