Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n'Imvugo z'urwango #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2026, Abaturage b'Umurenge wa Karama bari kumwe n'Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi, inzego z'Umutekano, uhagarariye Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare mu Rwanda/NISR ndetse na Senateri Gahamanyi Bibiane Mbayi ari nawe wari umushyitsi mukuru, batunganije Imihanda migenderano, Basibura Imirwanyasuri, bakora Isuku ku Rwibutso rwa Bunyonga.

Mu butumwa abayobozi batandukanye bahaye abitabiriye Umuganda, burimo ubwatanzwe na Senateri Gahamanyi Bibiane Mbayi wari umushyitsi mukuru, aho yabanje gusobanurira abitabiriye Umuganda imikorere y'Inteko Ishingamategeko Umutwe wa Sena.

Mu butumwa buganisha ku kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yasabye abaturage kuzitabira neza ibikorwa byo Kwibuka biteganyijwe mu minsi 100 izatangira kuwa 07 Mata 2026.

Yagize kandi ati' Turitegura kwinjira mu gihe cy'iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Buri wese arasabwa kubigira ibye, aharanira kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside no kurwanya imvugo z'urwango'.

Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda mu karere ka Kamonyi, SP Habiyakare Damascène yasabye abaturage; Kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside, Kwirinda Ibiyobyabwenge nk'Urumogi, Inzoga z'inkorano zitujuje ubuziranenge n'ibindi. Yabasabye kandi kuzirikana ko ibi bihe hari imvura nyinshi, abasaba Gukumira no kwirinda Ibiza bishobora kubangiriza no gutwara Ubuzima bwabo.

Uwaje ahagarariye Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurisha mibare mu Rwanda/ NISR, Madame Providence yaganirije abaturage ku Irangamimerere, cyane cyane ku kumenyekanisha abantu bitabye Imana bikozwe n'abakuru b'imidugudu ariko bigizwemo uruhare n'abaturage yasabye kubigira ibyabo kugira ngo bishyirwe mu bikorwa neza.

Dr Sylvere Nahayo, Umuyobozi w'Akarere ka kamonyi mu butumwa yahaye abaturage, yabasabye; Kwita ku Isuku, Kwirinda amakimbirane mu muryango no kwita ku muryango muri rusange, Kwirinda ubusinzi.

Yasabye kandi ababyeyi gukora ibishoboka byose abana bose bakiga, abasaba gukumira ko hari uwata ishuri, Abasaba Gutanga Umusanzu ku ishuli, Kurwanya igwingira no kugaburira abana indyo yuzuye, Gukunda umurimo, Kwiteza imbere no gutekereza byagutse cyane cyane k'Urubyiruko, Kuzigama muri Ejo HEZA, Kwita ku bageze mu za bukuru bakabaho neza n'ibindi.

Nyuma y'igikorwa cy'Umuganda wahuje abaturage ba Karama, Abayobozi batandukanye ku rwego rw'Akarere n'Abashyitsi baje kwifatanya nabo, Senateri Gahamanyi Bibiane Mbaye, ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere ndetse n'Inama y'Umutekano itaguye y'Akarere, basuye Urwibutso rwa Bunyonga ruruhukiyemo Imibiri y'Abatutsi 13,339 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amakuru intyoza.com ifite, ikesha ubuyobozi bwa Ibuka Kamonyi ni uko mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aha i Karama mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Bunyonga biteganijwe ko hari indi mibiri izahashyingurwa, irimo 11 yavuye mu Murenge wa Kayumbu ndetse n'indi 6 yabonetse I karama.

Gitifu w'Umurenge wa Karama, Yvette Aline Nirere aha ikaze Abashyitsi ubwo bari bagiye kuganira n'Abaturage nyuma y'igikorwa cy'Umuganda.

Théogène Munyaneza

The post Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n'Imvugo z'urwango first appeared on Intyoza.

The post Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n'Imvugo z'urwango appeared first on Intyoza.



Source : https://intyoza.com/2026/03/28/kamonyi-karama-umuganda-abaturage-basabwe-kurwanya-ingengabitekerezo-ya-jenoside-nimvugo-zurwango/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)