Bwa mbere mu mateka y'u Rwanda, muri Stade Amahoro hakoreshejwe VAR mu mukino Al Hilal SC yakiriyemo RS Berkane.
Stade Amahoro kuva yavugururwa, yanashyizwemo Ikoranabuhanga ry'amashusho ryunganira abasifuzi rya VAR (Video Assistant Referee).
Gusa kuva yashyirwamo yari itarakoreshwa na rimwe, yakoreshejwe uyu munsi tariki ya 22 Werurwe 2026 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cya CAF Champions League, Al Hilal SC yo muri Sudani ariko ikina Shampiyona y'u Rwanda yakiriyemo RS Berkane.
Iyi VAR ikaba yaje gukoreshwa ku munota wa 56 ubwo Adama Coulibaly yatsindiraga Al Hilal SC igitego ariko bajya kuri VAR bakacyanga, ni nyuma yo gusanga Ousmane Diouf yari yabanje gukorera ikosa Mounir Chouiar ahubwo bahita batanga penaliti kuri RS Berkane yanatewe na Mounir akayihusha.
Umukino ubanza warangiye amakipe yombi yanganyije 1-1, ni mu gihe RS Berkane yaje kubona igitego ku munota wa 4 w'inyongera muri 7 bari bongeyeho, cyatsinzwe na Mounir Chouiar. Umukino warangiye ari 1-0, RS Berkane isezerera Al Hilal ku giteranyo cy'ibitego 2-1.
Source : http://isimbi.rw/amateka-yanditswe-bwa-mbere-mu-rwanda-var-yakoreshejwe-ifata-icyemezo-gikomeye.html