AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Werurwe 2026 nibwo Perezida w'i gihugu, Paul Kagame yitabiriye umukino wahuje u Rwanda na Granada mu irushanwa rya FIFA SERIES.

Ni umukino waranzwe no kwitwara neza ku ruhande rw'ikipe y'u Rwanda, kuko warangiye Amavubi y'umutoza Stephen Constantine atsinze ibitego 4-0 byatumye iyi kipe igera ku mukino wa nyuma w'itsinda A.

Amavubi yakiniraga imbere y'abantu ibihumbi 40 by'abafana bari bitabiriye uyu mukino mui Sitade Amahoro avuguruye.

Mickels Leroy-Jacques ni we wafunguye amazamu ku ruhande rw'Amavubi atsinda igitego cya mbere ku ishoti rikomeye, umunyezamu wa Grenada, Thomas Trishawn, ntiyabasha kurikuramo.

Nyuma y'aho gato, Kwizera Jojea yongeye igitego cya kabiri mbere y'uko igice cya mbere kirangira.

Igice cya mbere cyarangiye Amavubi ayoboye umukino n'ibitego 2-0, byatsinzwe na Mickels Leroy-Jacques na Kwizera Jojea.

Mu gice cya kabiri, umutoza w'Amavubi, Stephen Constantine, yakoze impinduka ebyiri, aho Uwineza René na Hakim Sahabo basimbuye Biramahire Abeddy na Kwizera Jojea.

Ku munota wa 68, kapiteni w'Amavubi, Bizimana Djihad, yatsinze igitego cya gatatu.

Ku munota wa 74, Amavubi yakoze izindi mpinduka enye: Bizimana Djihad, Niyomugabo Claude, Byiringiro Gilbert na Mickels Joy-Lance basimbuwe na Imanishimwe Emmanuel, Gueulette Samuel, Uwumukiza Obed na Mickels Joy-Slayd.

Ku munota wa 81, Hakim Sahabo yasoje ibitego atsinda icya kane cy'Amavubi.

Umukino warangiye u Rwanda rutsinze Grenada ibitego 4-0 mu mukino wa gicuti wa FIFA Series.

Nyuma y'iyi ntsinzi, u Rwanda ruzahura na Estonia ku mukino wa nyuma, nyuma y'uko Estonia isezereye Kenya.

Iyi ni inshuro ya kabiri imikino ya FIFA Series ibaye, nyuma yo gutangizwa mu mwaka wa 2024.

By'umwihariko, u Rwanda rwanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere cyakiriye amatsinda abiri muri iri rushanwa rigamije gufasha amakipe y'ibihugu atandukanye gukina imikino ya gicuti.



Source : https://rushyashya.net/perezida-kagame-yakurikiye-umukino-u-rwanda-twatsinzemo-grenada-4-0-rugera-ku-mukino-wa-nyuma-wa-fifa-series/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)