Ubukerarugendo bw'u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda bukomeje kwamamara ku Isi hose, ni nyuma y'uko ubu noneho yasinyanye amasezerano n'amakipe abiri akomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ayo makipe ni LA Clippers ikina muri NBA na Los Angeles Rams ikina muri NFL (National Football League) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ni amasezerano yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nzeri 2025 nk'uko byemejwe n'Urwego rw'igihugu rw'iterambere (RDB) ko Visit Rwanda ari umuterankunga w'aya makipe.
Ibi bizafasha Visit Rwanda kwamamaza ubukerarugendo bw'u Rwanda ku bibuga bitatu: SoFi Stadium, Hollywood Park na Intuit Dome biherereye mu mujyi wa Inglewood muri Leta ya California.
Aya makipe yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yiyongereye ku yandi y'umupira w'amaguru asanzwe yamamaza Visit Rwanda nka Arsenal FC, Paris Saint Germain, Atletico Madrid na FC Bayern Munich.
U Rwanda muri 2024 rwinjije miliyoni 650 z'amadorali binyuze muri ubu bukerarugendo rukaba rufite intego y'uko muri 2029 azaba ageze kuri Miliyari y'Amadolari.